Garura ibyishimo bya gisore mu rushako rwawe
Kimwe mu bintu bikunze kuranga abashakanye ni uko iyo bamaranye igihe runaka usanga bisa n’aho urukundo rwabo rwakonje. Ugasanga kwa kwiyumvamo ibisa n’ ubushagarira byo mu minsi ya mbere, ya masaha yose bamaraga bavugana kuri telephone cyangwa baganira imbonankubone na bya bitwenge bya buri kanya bisa n’aho utamenya aho byagiye. Muri iyi nyigisho turaza kureba […]
Soma inyigisho yose
Dore ikiruta kubyara abahungu n’abakobwa…
Mu mico myinshi usanga gushaka bihuzwa no kubyara abana nk’uko no mu muco nyarwanda usanga umuntu wese washyingiwe tumwifuriza kubyara hungu na kobwa. Nyamara siko abashatse bose babasha kubyara. Muri iyi nyigisho turareba icyo ijambo ry’Imana rivuga ku muntu utabasha kubyara kandi abyifuza. Ni irihe humure ijambo ry’Imana rimuha? Ni gute wabyitwaramo igihe byakubayeho wowe […]
Soma inyigisho yose
Ubwo mumaze kwemeranya kubana…
Abantu benshi iyo bamaze kwemeranya kubana usanga batangira kwiberaho nk’abagezeyo. Ibyo bikangiza imyiteguro yabo ari nako byangiza n’urushako rwabo bataranarugeramo. Muri iyi nyigisho turavuga ku buryo bwo kwirinda bwagufasha kurushaho kwitegura neza cyane cyane mu gihe wamaze kwemeranya n’uwo mukundana ko muzabana. Rinda umutima wawe, Mu mico myinshi, iyo bavuze “umutima” abantu bumva icyicaro cy’ibyiyumvo […]
Soma inyigisho yose
Ushaka gusigasira umunezero mu rukundo cg urugo rwanyu rekeraho…
Twese usanga twifuza kugira urugo rurimo umunezero, ariko hari ubwo byanga. Ugasanga hagati yawe n’uwo mwashakanye harimo igisa n’umworera. Wavuga ibi, we akumva biriya. Maze yajya kugusubiza bikabyara intonganya mutazi aho zivuye. Muri iyi nyigisho, turagaruka kuri imwe mu mico ikunze kuba intandaro yo kwangirika k’ubusabane hagati y’abakundana /abashakanye bikababyarira amakimbirane ya hato na hato. […]
Soma inyigisho yose
Ibintu 2 uwo mukundana aba agutegerejemo utabizi
Mu rukundo cyangwa mu rushako hari ubwo bigora umuntu gusobanurira mugenzi we icyo umutegerejemo. Kenshi bigaterwa n’imiterere y’icyo kintu cyangwa imiterere y’umubano wabo bombi. Muri iyi nyigisho turagaruka ku bintu 2 umuntu wese aba ategereje k’ uwo bakundana/ bashakanye ariko bikamugora kubimusobanurira. Turareba n’icyo wakora kugira ngo ibyo bintu bye kwangiza imibanire hagati yawe n’uwo […]
Soma inyigisho yose
Ibintu 3 ukeneye kwitaho nyuma yo gushyingirwa.
Abantu benshi iyo bitegura gushyingirwa usanga bashyira imbaraga nyinshi mu kwitegura. Bakiga cyane ndetse bagasura abantu batandukanye ngo babahe inama ku bijyanye n’urushako, gusa ni gake usanga ibyo bikomeza nyuma yo gushyingirwa. Ese wari uziko uko wakwitegura kose hari ibintu uzasobanukirwa gusa ari uko wageze mu rugo? Muri iyi nyigisho turagaruka ku bintu bitatu byagufasha […]
Soma inyigisho yose
Guhana abana mu mucyo w’ ijambo ry’ Imana 5: Nyuma yo guhana umwana, mufashe guhangana n’ ingaruka z’ amakosa ye
Inshuro nyinshi usanga iyo umubyeyi amaze guha umwana igihano runaka yibwira ko birangiye, ariko guhana byonyine ntabwo bihagije. Itangiriro 3:20-21, hatwereka ko guhana byuzuye bijyana no guha abana ibyiringiro by’ ejo ndetse no kubafasha guhangana n’ ingaruka z’ amakosa yabo. Muri iyi nyigisho turareba ukuntu Imana yo itagarukiye ku guhana gusa, ahubwo yahaye Adamu na […]
Soma inyigisho yose
Ibintu 3 umusore n’ umukobwa bakundana bakeneye kwitondera mbere yo gufata icyemezo cyo gushakana
Abasore benshi cyangwa inkumi usanga bagorwa cyane no kubona umuntu bakundana. Kuburyo iyo agize amahirwe akabona wa muntu yumva yishimiye nawe aramwemeye yihutira kwiyemeza kubana nawe. Ariko se ujya wibaza niba hari ikintu ijambo ry’ Imana rivuga cyagufasha kumenya uko wabyitwaramo igihe wahuye n’umuntu wumva umutima wawe wishimiye kandi ushaka ko wowe nawe muzabana? Muri […]
Soma inyigisho yose
Inkingi 3 fatizo z’ urugo rwiza
Inkingi ya 1: Guhitamo uwo muhuje kwizera Abantu benshi bumva ibyo umuntu yizera ari akantu gato kuburyo iyo bajya guhitamo uwo bazabana ibyo uwo muntu yizera batabitindaho. Gusa ibyo ni ukwibeshya. Ibyo umuntu yizera nibyo bigena uwo ariwe by’ ukuri. Urugero rwa hafi ni umuntu ukunda gukora kandi akanga ubunebwe. Abantu benshi bagarukira kuri iyo […]
Soma inyigisho yose
Kubaka imibanire myiza Igice cya 5: Intambwe 3 zo gukemura amakimbirane
Mu bice bine byabanje twagarutse ku bintu bitandukanye umuntu akwiye gukora ngo yubake imibanire myiza hagati ye na mugenzi we. Kubera imiterere y’ubuzima, hari ubwo abantu basanzwe bafitanye imibanire myiza bisanga batari guhuza. Kudahuza niyo ntandaro y’ amakimbirane yose tubona. Muri iki gice, turareba ku gukemura amakimbirane nk’uburyo bwizewe bwo gusigasira imibanire myiza. Turavuga ku […]
Soma inyigisho yose