Kubana neza

Abashatse Iziheruka Kubana neza Urugo rwiza

Garura ibyishimo bya gisore mu rushako rwawe

Kimwe mu bintu bikunze kuranga abashakanye ni uko iyo bamaranye igihe runaka usanga bisa n’aho urukundo rwabo rwakonje. Ugasanga kwa kwiyumvamo ibisa n’ ubushagarira byo mu minsi ya mbere, ya masaha yose bamaraga bavugana kuri telephone cyangwa baganira imbonankubone na bya bitwenge bya buri kanya bisa n’aho utamenya aho byagiye. Muri iyi nyigisho turaza kureba […]

Soma inyigisho yose
Iziheruka Kubana neza

Ushaka gusigasira umunezero mu rukundo cg urugo rwanyu rekeraho…

Twese usanga twifuza kugira urugo rurimo umunezero, ariko hari ubwo byanga. Ugasanga hagati yawe n’uwo mwashakanye harimo igisa n’umworera. Wavuga ibi, we akumva biriya. Maze yajya kugusubiza bikabyara intonganya mutazi aho zivuye. Muri iyi nyigisho, turagaruka kuri imwe mu mico ikunze kuba intandaro yo kwangirika k’ubusabane hagati y’abakundana /abashakanye bikababyarira amakimbirane ya hato na hato. […]

Soma inyigisho yose
Iziheruka Kubana neza

Ibintu 2 uwo mukundana aba agutegerejemo utabizi

Mu rukundo cyangwa mu rushako hari ubwo bigora umuntu gusobanurira mugenzi we icyo umutegerejemo. Kenshi bigaterwa n’imiterere y’icyo kintu cyangwa imiterere y’umubano wabo bombi. Muri iyi nyigisho turagaruka ku bintu 2 umuntu wese aba ategereje k’ uwo bakundana/ bashakanye ariko bikamugora kubimusobanurira. Turareba n’icyo wakora kugira ngo ibyo bintu bye kwangiza imibanire hagati yawe n’uwo […]

Soma inyigisho yose
Abashatse Inyigisho shingiro Iziheruka Kubana neza Urugo rwiza

Ibintu 3 ukeneye kwitaho nyuma yo gushyingirwa.

Abantu benshi iyo bitegura gushyingirwa usanga bashyira imbaraga nyinshi mu kwitegura. Bakiga cyane ndetse bagasura abantu batandukanye ngo babahe inama ku bijyanye n’urushako, gusa ni gake usanga ibyo bikomeza nyuma yo gushyingirwa. Ese wari uziko uko wakwitegura kose hari ibintu uzasobanukirwa gusa ari uko wageze mu rugo? Muri iyi nyigisho turagaruka ku bintu bitatu byagufasha […]

Soma inyigisho yose
Abashatse Ingaragu Inyigisho shingiro Kubana neza

Amakosa 3 atuma abantu babihirwa n’ urushako

Abantu benshi batangira urushako banezerewe ariko nyuma y’igihe gito ugasanga ubuzima bwarababihiye. Ibyo bituma abatarashaka bibaza icyo umuntu yakora ngo we azagumane umunezero mu rushako rwe. Muri iyi nyigisho turareba ku makosa atatu abantu bakunze gukora agatuma babihirwa n’urushako. Turareba kandi icyo wakora kugira ngo wowe utazagwa muri ayo makosa. Ndetse n’ibyagufasha ngo ube witeguye […]

Soma inyigisho yose
Abashatse Iziheruka Kubaka imibanire myiza Kubana neza

Kubaka imibanire myiza Igice cya 5: Intambwe 3 zo gukemura amakimbirane

Mu bice bine byabanje twagarutse ku bintu bitandukanye umuntu akwiye gukora ngo yubake imibanire myiza hagati ye na mugenzi we. Kubera imiterere y’ubuzima, hari ubwo abantu basanzwe bafitanye imibanire myiza bisanga batari guhuza. Kudahuza niyo ntandaro y’ amakimbirane yose tubona. Muri iki gice, turareba ku gukemura amakimbirane nk’uburyo bwizewe bwo gusigasira imibanire myiza. Turavuga ku […]

Soma inyigisho yose
Abashatse Ingaragu Iziheruka Kubana neza Kuganira neza

Kuki bitugora guhuza?

Iteka iyo uganira n’uwo ukunda cyangwa uwo mwashakanye uba wifuza ko muhuza ibitekerezo. Nyamara si ko bihora, kenshi twisanga imyitwarire yacu ubwacu yabaye intambamyi yo guhuza mu bitekerezo n’uwo tuganira. Inshuro nyinshi ibyo biba tutabanje no kubitekerezaho, tukisanga gusa byabaye. Muri iyi nyigisho turagaruka ku myitwarire ikunze kuba intambamyi yo guhuza hagati y’abakundana. Ntiturindana mu […]

Soma inyigisho yose
Abashatse Ingaragu Kubana neza

Mu gihe mugenzi wawe ahangayikira iby’ ejo

Kimwe mu bintu bitubangukira gukora nk’abantu, ariko bitagira icyo bimaze, ni uguhangayikira iby’ejo. Imwe mu ngaruka z’icyaha ni uko umuntu yagombaga kurya imboga zo mu murima, mu gihe ubutaka buzamumeraramo amahwa n’ibitovu (Itangiriro 3:17-18). Ni cyo gituma umuntu ahinga imboga bwacya yasubira mu murima agasanga hamezemo n’ibyatsi atateye. Ubundi ugahinga ariko ugasanga imvura irabuze. Iby’ejo […]

Soma inyigisho yose
Abashatse Ingaragu Kubaka imibanire myiza Kubana neza

Kubaka imibanire myiza igice cya 4: kuvuga ukuri mu rukundo

Mu gice giheruka, twarebye ibyo abantu bashaka kubaka imibanire myiza hagati yabo, bashobora kuvuganaho igihe baganira. Mubyo bavuganaho harimo: gusangira ibyabaye mu buzima bwabo uwo munsi, amagambo yo gukomezanya, ibyo bashimirana ndetse n’ ibyo bahugurana. Abantu bamwe bavuga ibyo bashaka byose, ku buryo bamara kuvuga ugasigarana akazi ko kuvangura muri byinshi yakubwiye ngo ukuremo iby’ […]

Soma inyigisho yose
Ingaragu Iziheruka Kuganira neza Kurambagiza Uburyo bwizewe

Uburyo bwizewe bwo kurambagiza igice cya 4: Kuganira neza 2

Iyo uganiriye n’ abantu bashatse, usanga benshi bavuga inkuru z’ ukuntu batunguwe bamaze kubana. Buri umwe agasanga hari amakuru atigeze amenya kuri mugenzi we, nyamara bari bamaze igihe kinini baganira. Ibi usanga biterwa n’ impamvu zitandukanye. Imwe muri zo ni uko kenshi abarambagizanya bahora mu kubwirana utugambo turyohereye n’ inkuru zo hirya no hino. Ntibamenye […]

Soma inyigisho yose