Garura ibyishimo bya gisore mu rushako rwawe
Kimwe mu bintu bikunze kuranga abashakanye ni uko iyo bamaranye igihe runaka usanga bisa n’aho urukundo rwabo rwakonje. Ugasanga kwa kwiyumvamo ibisa n’ ubushagarira byo mu minsi ya mbere, ya masaha yose bamaraga bavugana kuri telephone cyangwa baganira imbonankubone na bya bitwenge bya buri kanya bisa n’aho utamenya aho byagiye. Muri iyi nyigisho turaza kureba […]
Soma inyigisho yose
Dore ikiruta kubyara abahungu n’abakobwa…
Mu mico myinshi usanga gushaka bihuzwa no kubyara abana nk’uko no mu muco nyarwanda usanga umuntu wese washyingiwe tumwifuriza kubyara hungu na kobwa. Nyamara siko abashatse bose babasha kubyara. Muri iyi nyigisho turareba icyo ijambo ry’Imana rivuga ku muntu utabasha kubyara kandi abyifuza. Ni irihe humure ijambo ry’Imana rimuha? Ni gute wabyitwaramo igihe byakubayeho wowe […]
Soma inyigisho yose
Ibintu 3 ukeneye kwitaho nyuma yo gushyingirwa.
Abantu benshi iyo bitegura gushyingirwa usanga bashyira imbaraga nyinshi mu kwitegura. Bakiga cyane ndetse bagasura abantu batandukanye ngo babahe inama ku bijyanye n’urushako, gusa ni gake usanga ibyo bikomeza nyuma yo gushyingirwa. Ese wari uziko uko wakwitegura kose hari ibintu uzasobanukirwa gusa ari uko wageze mu rugo? Muri iyi nyigisho turagaruka ku bintu bitatu byagufasha […]
Soma inyigisho yose
Guhana abana mu mucyo w’ ijambo ry’ Imana 5: Nyuma yo guhana umwana, mufashe guhangana n’ ingaruka z’ amakosa ye
Inshuro nyinshi usanga iyo umubyeyi amaze guha umwana igihano runaka yibwira ko birangiye, ariko guhana byonyine ntabwo bihagije. Itangiriro 3:20-21, hatwereka ko guhana byuzuye bijyana no guha abana ibyiringiro by’ ejo ndetse no kubafasha guhangana n’ ingaruka z’ amakosa yabo. Muri iyi nyigisho turareba ukuntu Imana yo itagarukiye ku guhana gusa, ahubwo yahaye Adamu na […]
Soma inyigisho yose
Guhana abana mu mucyo w’ ijambo ry’ Imana 4: Hana buri mwana mu buryo bwihariye kandi umugaragariza ineza
Nubwo kenshi usanga abantu dushyize imbere uburambe, Imana yo ijya guhana Adamu na Eva ntabwo yakoresheje uburambe ngo ibahane nk’ uko yahannye inzoka. Muri iyi nyigisho turareba ukuntu Imana yahannye Adamu mu buryo bwihariye, na Eva ikamuhana mu buryo bwe bwihariye. Kandi igakomeza kuba iyo kwizerwa. Ikagaragariza abo yaremye ineza no mu gihe bo bayigomeye. […]
Soma inyigisho yose
Guhana abana mu mucyo w’ijambo ry’Imana 3: Mu guhana hera ku guhangana n’ icyamuteye gukora amakosa
Nyuma y’ uko umwana akoze amakosa, icya mbere umubyeyi akeneye gukora ni ukumusanga no kumuha umwanya wo kwisobanura, nk’ uko twabibonye mu nyigisho iheruka. Iyo rero umwana amaze kugusobanurira amakosa yakoze n’ icyamuteye kuyakora, nk’ umubyeyi ni iki wakora? Hari ibintu bitatu Imana yakoze nyuma yo kumva ibisobanuro bya Adamu na Eva bamaze gukora icyaha. […]
Soma inyigisho yose
Guhana abana mu mucyo w’ ijambo ry’Imana 2: bamaze gukora amakosa basange umenye icyabibateye
Iyo umwana akoze amakosa ababyeyi benshi bihutira kumuhana, cyane cyane babitewe n’ amarangamutima aremereye baterwa n’ ikosa umwana yakoze. Nyamara Imana yo siko yabigenje. Nyuma y’ uko umuntu akoze icyaha, hari ibintu bibiri Imana yabanje gukora mbere yo kumuhana. Icyambere yaramusanze aho yari yihishe, icya kabiri imuha amahirwe yo kwisobanura. Muri iyi nyigisho turagaruka kuri […]
Soma inyigisho yose
Guhana abana mu mucyo w’ ijambo ry’Imana 1: Mbere y’ uko bakora amakosa bahe aho kwisanzurira n’ amabwiriza
Ababyeyi benshi batekereza ku guhana iyo babonye umwana akoze ikosa. Ese Imana yo ibigenza ite? Ese haba hari uburyo wakwitegura na mbere y’ uko umwana akosa? Ese ni iki wakora ngo guhana kwawe bibe bitayobowe n’ umujinya uterwa n’ amakosa umwana yagukoreye? Ese hari ikintu wakora kugira ngo guhana kwawe bitegurire umwana wawe kwizera ubutumwa […]
Soma inyigisho yose
Inkingi 3 fatizo z’ urugo rwiza
Inkingi ya 1: Guhitamo uwo muhuje kwizera Abantu benshi bumva ibyo umuntu yizera ari akantu gato kuburyo iyo bajya guhitamo uwo bazabana ibyo uwo muntu yizera batabitindaho. Gusa ibyo ni ukwibeshya. Ibyo umuntu yizera nibyo bigena uwo ariwe by’ ukuri. Urugero rwa hafi ni umuntu ukunda gukora kandi akanga ubunebwe. Abantu benshi bagarukira kuri iyo […]
Soma inyigisho yose
Amakosa 3 atuma abantu babihirwa n’ urushako
Abantu benshi batangira urushako banezerewe ariko nyuma y’igihe gito ugasanga ubuzima bwarababihiye. Ibyo bituma abatarashaka bibaza icyo umuntu yakora ngo we azagumane umunezero mu rushako rwe. Muri iyi nyigisho turareba ku makosa atatu abantu bakunze gukora agatuma babihirwa n’urushako. Turareba kandi icyo wakora kugira ngo wowe utazagwa muri ayo makosa. Ndetse n’ibyagufasha ngo ube witeguye […]
Soma inyigisho yose