Kubaka imibanire myiza Igice cya 5: Intambwe 3 zo gukemura amakimbirane
Mu bice bine byabanje twagarutse ku bintu bitandukanye umuntu akwiye gukora ngo yubake imibanire myiza hagati ye na mugenzi we. Kubera imiterere y’ubuzima, hari ubwo abantu basanzwe bafitanye imibanire myiza bisanga batari guhuza. Kudahuza niyo ntandaro y’ amakimbirane yose tubona. Muri iki gice, turareba ku gukemura amakimbirane nk’uburyo bwizewe bwo gusigasira imibanire myiza. Turavuga ku […]
Soma inyigisho yose
Kuki bitugora guhuza?
Iteka iyo uganira n’uwo ukunda cyangwa uwo mwashakanye uba wifuza ko muhuza ibitekerezo. Nyamara si ko bihora, kenshi twisanga imyitwarire yacu ubwacu yabaye intambamyi yo guhuza mu bitekerezo n’uwo tuganira. Inshuro nyinshi ibyo biba tutabanje no kubitekerezaho, tukisanga gusa byabaye. Muri iyi nyigisho turagaruka ku myitwarire ikunze kuba intambamyi yo guhuza hagati y’abakundana. Ntiturindana mu […]
Soma inyigisho yose
Uko wakwitegura kuba umubyeyi mwiza 5: Kwakira ukuri kuri ejo hazaza
Umuntu wese yifuza kuzagira ejo heza ndetse usanga ari nabyo twifuriza abadukomokaho. Uko guhirimbanira ko ejo umuntu azaba ameze neza kurutaho bigira uruhare runini mu kugena ubuzima tubamo uyu munsi n’umubyeyi umuntu aba we. Muri iyi inyigisho, tumurikiwe n’ukuri kw’ijambo ry’Imana, turareba ku ikosa abantu benshi bakunze gukora n’icyo wowe wakora ngo witegure uzabe umubyeyi […]
Soma inyigisho yose
Mu gihe mugenzi wawe ahangayikira iby’ ejo
Kimwe mu bintu bitubangukira gukora nk’abantu, ariko bitagira icyo bimaze, ni uguhangayikira iby’ejo. Imwe mu ngaruka z’icyaha ni uko umuntu yagombaga kurya imboga zo mu murima, mu gihe ubutaka buzamumeraramo amahwa n’ibitovu (Itangiriro 3:17-18). Ni cyo gituma umuntu ahinga imboga bwacya yasubira mu murima agasanga hamezemo n’ibyatsi atateye. Ubundi ugahinga ariko ugasanga imvura irabuze. Iby’ejo […]
Soma inyigisho yose
Uko wakwitegura kuba umubyeyi mwiza igice cya 4: Ibintu 2 wakora uyu munsi
Mu gice cya kabiri cy’ uko wakwitegura kuba umubyeyi mwiza, twarebye ku ukuri kw’ ijambo ry’ Imana ku mateka yanjye na we. Dusanga icyo amateka y’ umuntu wese atwereka muri rusange ari uko umuntu wese ari umunyabyaha uri mu isi yangijwe n’ icyaha. Bityo buri wese akeneye kugendera muri uko kuri yakira igisubizo Imana yatanze […]
Soma inyigisho yose
Kubaka imibanire myiza igice cya 4: kuvuga ukuri mu rukundo
Mu gice giheruka, twarebye ibyo abantu bashaka kubaka imibanire myiza hagati yabo, bashobora kuvuganaho igihe baganira. Mubyo bavuganaho harimo: gusangira ibyabaye mu buzima bwabo uwo munsi, amagambo yo gukomezanya, ibyo bashimirana ndetse n’ ibyo bahugurana. Abantu bamwe bavuga ibyo bashaka byose, ku buryo bamara kuvuga ugasigarana akazi ko kuvangura muri byinshi yakubwiye ngo ukuremo iby’ […]
Soma inyigisho yose
Uko wakwitegura kuba umubyeyi mwiza igice cya 3: Ukuri ku mibereho yawe none
Abantu benshi bizera ibinyoma ku mibereho yabo ya none bityo ugasanga bafitanye amakimbirane n’ ubuzima babayeho. Ugasanga umuntu ntajya anyurwa n’ ubuzima arimo, ahubwo ahora iteka ahangayitse yibwira ko azanezerwa nagera kubyo adafite. Akirengagiza ko n’ ufite ibyo we ararikiye nawe aba ahangayikiye ibindi. Kumenya ukuri kw’ ijambo ry’ Imana ku mibereho yawe no guha […]
Soma inyigisho yose
Kubaka imibanire myiza Igice cya 3: Ibyo kuvuganaho
Mu bice bibiri byabanje twarebye kubaka imibanire myiza duhereye ku myitwarire y’ umuntu ku giti cye(attitude) imufasha gusigasira ubumwe n’ uburyo bwo kuvugana hagati y’ abantu bwabafasha kugira ibiganiro byimbitse. Hari ubwo abantu bifuza kuvugana mu buryo butuma bubaka imibanire myiza, ariko bakabura icyo bavuga. Muri iyi nyigisho turareba ibintu 4 wowe na mugenzi wawe […]
Soma inyigisho yose
Uko wakwitegura kuba umubyeyi mwiza Igice cya 2: kwakira ukuri ku mateka yawe
Iteka iyo uvuze ku kuba umubyeyi mwiza, usanga hari abahita bikomanga ku gatuza bakumva ko niba hari umuntu uzavamo umubyeyi mwiza ari bo. Kenshi usanga aba babiterwa ni ubutunzi runaka bafite cyangwa imiryango bakomokamo. Mu gihe abandi nabo, bahita bitakariza icyezere bakumva kuba umubyeyi mwiza ari inzozi kubera ibintu runaka badafite cyangwa se ubuzima babayemo. […]
Soma inyigisho yose
Kubaka imibanire myiza Igice cya 2: Uburyo bwo kuvugana
Mu muco nyarwanda kwihererana ibyo uri gucamo bifatwa nk’ ubupfura. Mu gihe, ijambo ry’ Imana ryo riduhamagarira gukora ibirenze no gusangira ibyo turi gucamo. Riduhamagarira kubwirana intege nke zacu. Kubera uyu muco wo kudasangiza abandi amakuru yimbitse, usanga abantu bifuza kuvugana ariko ntibamenye uburyo bwo kuvugana bwabageza ku kubaka imibanire myiza. Mu gice cya mbere, […]
Soma inyigisho yose