Ibintu 3 ukeneye kwitaho nyuma yo gushyingirwa.
Abantu benshi iyo bitegura gushyingirwa usanga bashyira imbaraga nyinshi mu kwitegura. Bakiga cyane ndetse bagasura abantu batandukanye ngo babahe inama ku bijyanye n’urushako, gusa ni gake usanga ibyo bikomeza nyuma yo gushyingirwa. Ese wari uziko uko wakwitegura kose hari ibintu uzasobanukirwa gusa ari uko wageze mu rugo? Muri iyi nyigisho turagaruka ku bintu bitatu byagufasha […]
Soma inyigisho yose
Amakosa 3 atuma abantu babihirwa n’ urushako
Abantu benshi batangira urushako banezerewe ariko nyuma y’igihe gito ugasanga ubuzima bwarababihiye. Ibyo bituma abatarashaka bibaza icyo umuntu yakora ngo we azagumane umunezero mu rushako rwe. Muri iyi nyigisho turareba ku makosa atatu abantu bakunze gukora agatuma babihirwa n’urushako. Turareba kandi icyo wakora kugira ngo wowe utazagwa muri ayo makosa. Ndetse n’ibyagufasha ngo ube witeguye […]
Soma inyigisho yose
Kubaka imibanire myiza Igice cya 5: Intambwe 3 zo gukemura amakimbirane
Mu bice bine byabanje twagarutse ku bintu bitandukanye umuntu akwiye gukora ngo yubake imibanire myiza hagati ye na mugenzi we. Kubera imiterere y’ubuzima, hari ubwo abantu basanzwe bafitanye imibanire myiza bisanga batari guhuza. Kudahuza niyo ntandaro y’ amakimbirane yose tubona. Muri iki gice, turareba ku gukemura amakimbirane nk’uburyo bwizewe bwo gusigasira imibanire myiza. Turavuga ku […]
Soma inyigisho yose
Kuki bitugora guhuza?
Iteka iyo uganira n’uwo ukunda cyangwa uwo mwashakanye uba wifuza ko muhuza ibitekerezo. Nyamara si ko bihora, kenshi twisanga imyitwarire yacu ubwacu yabaye intambamyi yo guhuza mu bitekerezo n’uwo tuganira. Inshuro nyinshi ibyo biba tutabanje no kubitekerezaho, tukisanga gusa byabaye. Muri iyi nyigisho turagaruka ku myitwarire ikunze kuba intambamyi yo guhuza hagati y’abakundana. Ntiturindana mu […]
Soma inyigisho yose
Mu gihe mugenzi wawe ahangayikira iby’ ejo
Kimwe mu bintu bitubangukira gukora nk’abantu, ariko bitagira icyo bimaze, ni uguhangayikira iby’ejo. Imwe mu ngaruka z’icyaha ni uko umuntu yagombaga kurya imboga zo mu murima, mu gihe ubutaka buzamumeraramo amahwa n’ibitovu (Itangiriro 3:17-18). Ni cyo gituma umuntu ahinga imboga bwacya yasubira mu murima agasanga hamezemo n’ibyatsi atateye. Ubundi ugahinga ariko ugasanga imvura irabuze. Iby’ejo […]
Soma inyigisho yose
Kubaka imibanire myiza igice cya 4: kuvuga ukuri mu rukundo
Mu gice giheruka, twarebye ibyo abantu bashaka kubaka imibanire myiza hagati yabo, bashobora kuvuganaho igihe baganira. Mubyo bavuganaho harimo: gusangira ibyabaye mu buzima bwabo uwo munsi, amagambo yo gukomezanya, ibyo bashimirana ndetse n’ ibyo bahugurana. Abantu bamwe bavuga ibyo bashaka byose, ku buryo bamara kuvuga ugasigarana akazi ko kuvangura muri byinshi yakubwiye ngo ukuremo iby’ […]
Soma inyigisho yose
Uburyo bwizewe bwo kurambagiza igice cya 4: Kuganira neza 2
Iyo uganiriye n’ abantu bashatse, usanga benshi bavuga inkuru z’ ukuntu batunguwe bamaze kubana. Buri umwe agasanga hari amakuru atigeze amenya kuri mugenzi we, nyamara bari bamaze igihe kinini baganira. Ibi usanga biterwa n’ impamvu zitandukanye. Imwe muri zo ni uko kenshi abarambagizanya bahora mu kubwirana utugambo turyohereye n’ inkuru zo hirya no hino. Ntibamenye […]
Soma inyigisho yose
Kubaka imibanire myiza Igice cya 3: Ibyo kuvuganaho
Mu bice bibiri byabanje twarebye kubaka imibanire myiza duhereye ku myitwarire y’ umuntu ku giti cye(attitude) imufasha gusigasira ubumwe n’ uburyo bwo kuvugana hagati y’ abantu bwabafasha kugira ibiganiro byimbitse. Hari ubwo abantu bifuza kuvugana mu buryo butuma bubaka imibanire myiza, ariko bakabura icyo bavuga. Muri iyi nyigisho turareba ibintu 4 wowe na mugenzi wawe […]
Soma inyigisho yose
Kubaka imibanire myiza Igice cya 2: Uburyo bwo kuvugana
Mu muco nyarwanda kwihererana ibyo uri gucamo bifatwa nk’ ubupfura. Mu gihe, ijambo ry’ Imana ryo riduhamagarira gukora ibirenze no gusangira ibyo turi gucamo. Riduhamagarira kubwirana intege nke zacu. Kubera uyu muco wo kudasangiza abandi amakuru yimbitse, usanga abantu bifuza kuvugana ariko ntibamenye uburyo bwo kuvugana bwabageza ku kubaka imibanire myiza. Mu gice cya mbere, […]
Soma inyigisho yose
Kubaka imibanire myiza Igice cya 1: Icyangiza imibanire n’ icyo wowe wakora ngo uyisigasire
Mu minsi ishize, twarimo tuganira n’ itsinda ry’ abantu bitegura gushyingirwa. Maze tubabajije ikintu kibagora gusobanukirwa ku bijyanye n’ urushako, umusore umwe arabaza ngo: “Ese kubera iki usanga ingo zimwe zibera mu mahoro, izindi ugasanga zirangwa n’ amakimbirane ya hato na hato? Kandi bose baba barashakanye bakundana.” Ahari se nawe ujya wibaza icyo kibazo. Muri […]
Soma inyigisho yose